Urubyiruko rutinya gutwara inda kurusha kwandura virusi itera SIDA
Yanditswe: Saturday 11, Jan 2025

Bamwe mu rubyiruko cyane cyane abakobwa bavuga ko gutwara inda ari igisebo kuri bo n’umuryango bavukamo kandi bitesha agaciro, bikaba bituma ari yo mpamvu akenshi batinya gutwara inda aho kwandura virusi itera SIDA.
Bavuga ko virusi itera SIDA, kuri ubu itakiganza abantu kuko imiti igabanya ubukana bw’iyo virusi yabonetse, ariko kurera umwana utarashatse bigora kuko hari n’ubwo ababyeyi babona umukobwa atwite bakamwirukana mu rugo.
Uwahawe izina rya Manirankunda Mary yatangarije Imvaho Nshya ko we yatangiye uburaya ku myaka 15, ariko ko yumvaga icyamuhangayikisha ari ugutwara inda.
Yagize ati: “Nka njye nabonaga mu rugo imibereho itoroshye, mpitamo gukora uburaya, ariko nubwo nabukoraga numvaga mpangayikishijwe nuko natwara inda kuko nari bube nongeye ibibazo mu bindi. Ku birebana no kwandura virusi itera SIDA ho naba nabyo kuko nafata imiti, ubuzima bugakomeza.”
Minisitiri w’Ubuzima Dr.Sabin Nsanzimana yavuze ko abantu badakwiye kwirara kuko virusi itera SIDA igihari, nubwo hari intambwe yatewe mu kuyirwanya.
Mu Rwanda, guhashya ubwandu bwa Virusi itera SIDA, Abanyarwanda 95% baripimishije bazi uko bahagaze, muri bo 97,5% bafata neza imiti igabanya ubukana mu gihe 98% virusi yagabanyutse mu maraso.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *