Gasabo: Polisi yafashe umukozi wari utwaye arenga miliyoni ya shebuja
Yanditswe: Saturday 10, Dec 2022

Polisi y’ u Rwanda ifatanyije n’inzego z’ibanze mu Karere ka Gasabo, yagaruje miliyoni 1,6 Frw agize amwe mu mafaranga yari yibwe, hafatwa umusore w’imyaka 29 witwa Sibomana Aimable wari umukozi wo mu rugo rwibwemo ayo mafaranga.
Uyu musore yafatiwe mu Mudugudu wa Nyarubande mu Kagari ka Gasanze mu Murenge wa Nduba, aho bivugwa ko yahise ahungira nyuma yo kwiba shebuja utuye mu Murenge wa Kinyinya.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko uyu musore (...)
Polisi y’ u Rwanda ifatanyije n’inzego z’ibanze mu Karere ka Gasabo, yagaruje miliyoni 1,6 Frw agize amwe mu mafaranga yari yibwe, hafatwa umusore w’imyaka 29 witwa Sibomana Aimable wari umukozi wo mu rugo rwibwemo ayo mafaranga.
Uyu musore yafatiwe mu Mudugudu wa Nyarubande mu Kagari ka Gasanze mu Murenge wa Nduba, aho bivugwa ko yahise ahungira nyuma yo kwiba shebuja utuye mu Murenge wa Kinyinya.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko uyu musore yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’uwibwe.
Ati “ Twakiriye telefone y’umuturage utuye mu Mudugudu wa Kinyinya, Akagari ka Gacuriro mu Murenge wa Kinyinya ku wa Kabiri, avuga ko arebye aho yabikaga amafaranga mu cyumba araramo angana na miliyoni 2,5 Frw arayabura akaba acyeka ko yatwawe n’umukozi we wo mu rugo wari wamaze no gutoroka.”
Hahise hatangira ibikorwa byo kumushakisha ku bufatanye n’abaturage biza kugaragara ko aherereye mu Murenge wa Nduba aho yari yamaze no gukodesha inzu, nibwo abapolisi bagiyeyo, bamusatse basanga mu gikapu cye harimo amafaranga miliyoni 1,6 Frw ahita atabwa muri yombi.”
“Akimara gufatwa, yiyemereye ko ari ayo yibye umukoresha we, aciye mu idirishya ry’icyumba yararagamo ubwo atari ahari, amwe muri yo akaba yari yamaze kuyakodeshamo inzu no kugura ibikoresho byo mu nzu birimo matola n’amasafuriya.”
CIP Twajamahoro yashimiye uwibwe watanze amakuru yatumye ucyekwa afatwa, yihanangiriza abantu bose bihesha iby’abandi, kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko.
Yasabye abaturage muri rusange kureka kubika amafaranga menshi mu ngo aho batuye ahubwo bakajya bayabika mu bigo by’imari mu rwego rwo kuyarinda kwibwa.
Uwafashwe n’ibyo yafatanywe yashyikirijwe Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Kinyinya kugira ngo hakorwe dosiye izashyikirizwa Ubushinjacyaha.
Ibitekerezo
#PRESIDENTSPROMOTION_IDASANZWE
#DORE_ICYAYI_CY_ABAGABO_GITUMA_UGIRA_IJAMBO_IWAWE_WAKWIVUGA_IKIVUGO_CY_ABAGABO_UKUMVIKANA. +250789502321
#Kirwanya #stress #kikarinda no #kurangiza #vuba!
#TONGKAT NI #UMWIMERERE #NTANGARUKA #IGIRA KANDI #YONGERA #UBUSHAKE BWO #GUKORA #IMIBONANOMPUZABITSINA #KUBAGABO #IKANONGERA #UMUSEMBURO WA #TESTOSTERON
+250789502321
Iyi product igizwe n’ibintu bine (4in1) by’ingenzi biyiha ingufu n’ubushobozi bwo gufasha umubiri muburyo butandukanye ariko by’umwihariko ikaba Ari umwimerere kuko idakora nka drogue cg ikiyobyabwenge(Muri Asia bayise #Tongkat_coffee kubera ubushobozi bayiziho bwo guha umugabo imbaraga za kigabo zikenewe.Igizwe 100% n’ifu y’umuzi w’ikimera cya #Tongkat_Ali n’impumuro ya #coffee itarimo caffeine ndetse ikabamo isukari y’umwimerere itariyo munganda( ni umushongi w’igisheke)ndetse kandi ibamo n’amata aba yarakamuwemo amavuta kuburyo idashobora kongerera umubyibuho ndetse niyo waba urwaye Diabetes urayinywa ntigutere ikibazo cyo kuzamura isukari kuko ntasukari yo munganda iba yarongewemo.
#Akamaro_ka_Tongkat_muri_rusange:
Ibindi wakenera kumenya kuri iyi nyunganiramirire andika ijambo #Tongkat_Ali muri Google search yawe urebe byinshi biyivugwaho.
Iyi nyunganiramirire y’akamaro gakomeye gutya wayibona uhamagaye +250 789502321/Whatsapp cg ukadusanga aho dukorera Kigali.
Tunayikoherereza aho waba uherereye hose mugihugu no hanze yacyo.Hari n’izindi products nziza cyane nyinshi zibereye umuntu Ushaka kugira ubuzima bwiza no gukumira indwara mbere.