skol

U Rwanda rwamaganye ubushotoranyi bwa RDC yongeye kuvogera ikirere cyarwo n’indege

Yanditswe: Thursday 29, Dec 2022

featured-image

Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo ryo kwamagana igikorwa cy’ubushotoranyi, ivuga ko cyakozwe n’indege y’intambara ya Congo Kinshasa, mu mazi y’ikiyaga cya Kivu.
Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda bivuga ko iyi ndege yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 yinjiye mu kirere cy’u Rwanda, ahagana saa 12h00 ariko ihita isubira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Mu itangazo u Rwanda rwashyize hanze rwavuze ko “iby’uku kwinjira mu kirere cy’u Rwanda kw’indege y’igisirikare ya (…)

Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo ryo kwamagana igikorwa cy’ubushotoranyi, ivuga ko cyakozwe n’indege y’intambara ya Congo Kinshasa, mu mazi y’ikiyaga cya Kivu.

Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda bivuga ko iyi ndege yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 yinjiye mu kirere cy’u Rwanda, ahagana saa 12h00 ariko ihita isubira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu itangazo u Rwanda rwashyize hanze rwavuze ko “iby’uku kwinjira mu kirere cy’u Rwanda kw’indege y’igisirikare ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byahise bimenyeshwa Guverinoma y’iki gihugu.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Ibyabaye uyu munsi ni igikorwa kimwe kigize ubushotoranyi bumaze iminsi burimo n’ubusa nk’ubu bwabaye ku wa 7 Ugushyingo mu 2022, ubwo indege y’igisirikare ya RDC yinjiraga mu Rwanda ndetse igahagarara gato ku kibuga cy’i Rubavu mbere yo gusubira muri RDC.”

U Rwanda rwavuze ko ibi bikorwa by’ubushotoranyi bikomeje bibangamira ibigenwa n’amasezerano ya Luanda, ndetse ruhamya ko iyi myitwarire ya RDC itizwa umurindi n’amahanga akomeza kugereka k’u Rwanda ibibazo biri muri iki gihugu byose ariko akirengagiza ubushotoranyi gikomeje kurukorera.

U Rwanda rusaba ko ubwo bushotoranyi buhagarara.

Igikorwa nk’iki cyaherukaga kuba mu Ugushyingo 2022, ubwo indege yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 nabwo yinjiraga mu kirere cy’u Rwanda ndetse igahagarara akanya gato ku kibuga cy’indege kiri i Rubavu.

Sukhoi Su-25 ni indege z’intambara zakozwe na Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete guhera muri Gashyantare 1975. Izi ndege zakikorwa n’uruganda rw’Abarusiya rwa Sukhoi, zifite ubushobozi bwo kugenda kilometero 950 mu isaha.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa