Musonera wiyiciye umugore n’abana be ntarabwira RIB yamufashe icyabimuteye
Yanditswe: Sunday 25, Jun 2023
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko umugabo wo mu Karere ka Kayonza ukekwaho kwica umugore we n’abana 3 yafashwe.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B Thierry yatangarije ko uriya mugabo witwa MUSONERA Theogene yafashwe ku bufatanye n’abaturage ku wa 23/06/2023.
RIB ivuga ko Musonera ukekwaho kwica umugore we n’abana be batatu, yafashwe amaze iminsi yihishahisha ahantu hatandukanye.
Dr Murangira yatangaje ko Kugeza ubu atarabasha kuvuga icyamuteye kubica. Iperereza rirakomeje.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB avuga ko uru rwego rushimira abaturage ku bw’ubufatanye bagaragaje kugira ngo MUSONERA Theogene afatwe.
Twari twabagejejeho inkuru ya Musonere Theogene w’imyaka 40, ukekwaho kwica abana be batatu, umukobwa umwe n’abahungu babiri, yica n’umugore we.
Bose ngo yabishe akoresheje umuhoro.
Ubu bwicanyi bwabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 14/06/2023 rishyira ku wa Kane tariki 15/06/2023, mu Karere ka Kayonza, Umurenge wa Kabare, Akagari ka Gitara mu Mudugudu wa Mubuga.
Amakuru yturutse mu baturage icyo gihe yavugaga ko urugo rw’uriya mugabo n’umugore we rwahoragamo amakimbirane, naho kugira ngo bimenyekane ko mu rugo habayemo ibyago, abaturanyi bumvise hashize umwanya nta ntonganya zihari.
Musonera yafatiwe mu Karere ka Kayonza, aho bikekwa ko yakoreye ubwicanyi bwahitanye umuryango we wose.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *