skol
fortebet

Nyabihu: Abagizi ba nabi bishe mudugudu bamuca igitsina

Yanditswe: Tuesday 19, Mar 2024

featured-image

Sponsored Ad

Abaturage bo mu mirenge ya Rugera na Shyira mu karere ka Nyabihu bavuga ko bahangayikishijwe nuko abagabo baho bari kwicwa bagakebwa ubugabo bukajyanwa nabo batazi.

Sponsored Ad

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 19 Werurwe 2024,Umuyobozi w’umudugudu wa Jali,mu kagali ka Nyarutembe mu murenge wa Rugera w’akarere ka Nyabihu,yabonetse yapfuye.

Uyu mugabo yasanzwe yiciwe mu murenge wa Shyira akaswe ubugabo nk’uko abo mu muryango we barimo n’umugore we babivuga.

Uyu ngo abaye uwa 3 wishwe muri ubwo buryo ariyo mpamvu benshi bakomeje kwibaza impamvu yabyo.

Uyu mugabo yari afite imyaka 45 n’abana batandatu.

Abaturage basabye leta gushaka aba bagizi ba nabi bakabakanira urubakwiye.

Isango Star iravuga ko Ubuyobozi bw’umurenge wa Shyira bwasanzwemo umurambo buremeza ko hari abantu batatu bakekwa bamaze gufatwa.

Burizeza abaturage ko bakomeje gushaka n’abandi bahungabanya umutekano ku bufatanye n’izindi nzego.

Ibitekerezo

  • Birababaje!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa