Rubavu: Abantu 3 barashwe bari kugerageza kwinjiza magendu mu Rwanda
Yanditswe: Thursday 23, Sep 2021
Ingabo za RDF zikorera mu Murenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu, mu ijoro ryakeye ahagana Saa tatu zarashe abagabo babiri n’umugore umwe barimo bagerageza kwinjiza mu gihugu Magendu igizwe n’amabaro y’imyenda,bahasiga ubuzima.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bw’akarere n’Ingabo baganiriye n’abaturage babasaba kwirinda guca mu mayira atemewe kuko bitiranwa n’abanzi b’Igihugu.
Muri aka karere hakunze kumvikana kuraswa kw’abambutsa magendu bitwikiriye ijoro bagaca mu nzira (…)
Ingabo za RDF zikorera mu Murenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu, mu ijoro ryakeye ahagana Saa tatu zarashe abagabo babiri n’umugore umwe barimo bagerageza kwinjiza mu gihugu Magendu igizwe n’amabaro y’imyenda,bahasiga ubuzima.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bw’akarere n’Ingabo baganiriye n’abaturage babasaba kwirinda guca mu mayira atemewe kuko bitiranwa n’abanzi b’Igihugu.
Muri aka karere hakunze kumvikana kuraswa kw’abambutsa magendu bitwikiriye ijoro bagaca mu nzira zikunze gucamo abanzi b’u Rwanda.
Mu mwaka ushize,umugabo witwa Ntagisanimana Moise w’imyaka 38 n’umugore bikekwa ko yitwa Rehema Louise uri hagati y’imyaka 30-35 barashwe n’ingabo z’u Rwanda ubwo barimo kugerageza kwambutsa umupaka urumogi bari bavanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Ingabo z’u Rwanda zabarasiye mu Mudugudu wa Nyakabanda, Akagari ka Rwangara, mu Murenge wa Cyanzarwe, ahagana saa sita z’ijoro, tariki 8 Gicurasi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *