skol

Rwanda: Gen Muhire na Gen Ibingira hashize ibyumweru 3 bafunze

Yanditswe: Wednesday 28, Apr 2021

Gen Fred Ibingira na Lt Gen Charles Muhire (wasezerewe mu ngabo) bafunzwe n’igisirikare cy’u Rwanda baregwa kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, nk’uko The New Times ibivuga.

Gen Ibingira ni umugaba mukuru w’inkeragutabara - umwe mu mutwe w’igisirikare cy’u Rwanda, naho Lt Gen Muhire yasezerewe mu ngabo mu 2014. Bombi ni abasirikare bazwi cyane mu Rwanda.

The New Times ivuga ko aba bafashwe mu bihe bitandukanye muri uku kwezi kwa kane barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Iki kinyamakuru kivuga ko Ibingira yafashwe kuwa 07 Mata 2021 kuko yitabiriye ibirori by’ubukwe [gusaba] mu karere ka Huye,mu murenge wa Ngoma,iminsi 3 mbere y’aho.

Ibirori byo gusaba n’indi mihango y’ubukwe birabujijwe mu Rwanda kubera amabwiriza yo kwirinda Covid-19 aho abantu bagomba guhana intera.

Muhire yafashwe arimo asangira icyo kunywa n’abandi bantu ahitwa Pegase Resort Inn i Rebero mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali aho n’abandi bantu 33 bafashwe barenze kuri ayo mabwiriza.

Yaba Polisi cyangwa Ingabo bemeje ko aba bombi ubu bafunzwe n’urwego rwa gisirikare nyuma yo gufatwa na polisi.

Umuvugizi w’igisirikare cy’u Rwanda,t Col Ronald Rwivanga yabwiye The NewTimes ati "RDF ifite amahame igenderaho adusaba kuba intangarugero."Yongeyeho ko ibyo bireba abakiri mu gisiriikare n’abakivuyemo.

Umuvugizi w’igisirikare avuga ko byitezweko batazaregwa mu nkiko kuko icyo bari kuzira ari imyitwarire mibi, ko inzego zibishinzwe ari zo zizagena igihe bazamara bafunzwe.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yabwiye The NewTimes ko hari abandi bantu bafatanywe na Lt Gen (Rtd) Muhire mu gihe iperereza ryakozwe ku kurenga ku mabwiriza kwabereye i Huye aho Gen Ibingira yari ari ryavuyemo ko hari abapolisi babiri bakuru bo muri kariya gace batabwa muri yombi.

Abo ni CSP Francis Muheto, ukuriye Polisi mu Majyepfo na SSP Gaton Karagire ukuriye Polisi mu Karere ka Huye.

Kabera yavuze ko abo bapolisi babiri batawe muri yombi nyuma y’aho bigaragariye ko bari bazi ko ibyo bikorwa byo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 biri kuba.

Undi watawe muri yombi ni uwitwa Fidel Rugomwa, nyiri ahantu ibirori Gen Ibingira yari yakoresheje. We yafunzwe icyumweru ariko nyuma ararekurwa amaze gucibwa amande.

Ku rundi ruhande kandi, abasivile bafatanywe na Muhire nabo bararekuwe nyuma yo gucibwa amande nk’uko bisanzwe, bamaze kujyanwa muri stade bakigishwa bakanipimisha Covid-19.

Kabera ati “Nk’uko twakomeje kubivuga, nta muntu uri hejuru y’amategeko.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa