skol
fortebet

Afurika y’Epfo: Umusore w’imyaka 16 akurikiranweho gusambanya abo bavukana

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Monday 20, Jul 2026

Afurika y'Epfo: Umusore w'imyaka 16 akurikiranweho gusambanya abo bavukana

Sponsored Ad

skol

Polisi yo mu ntara ya Limpopo yatangaje ko yataye muri yombi umusore w’imyaka 16 ukekwaho gusambanya ku gahato mushiki we w’imyaka 10 ndetse na murumuna we w’imyaka 12 mu bihe bitandukanye.

Nk’uko Polisi yabitangaje, ibi byabereye mu mudugudu wa Ga-Makgoba, mu gace ka Mankweng. Mu itangazo rya Polisi, umuvugizi wayo yavuze ko ikirego cya mbere cyatanzwe nyuma y’uko nyina w’abo bana atanze ikirego kuri sitasiyo ya Polisi ya Mankweng avuga ko umukobwa we w’imyaka 10 yamubwiye ko yaba yarasambanyijwe ku gahato n’umuvandimwe we w’imyaka 16.

Mu gihe cy’iperereza, Polisi yaje gusanga ukekwa yaba yarasambanyije ku gahato na murumuna we w’imyaka 12. Uwo musore yahise atabwa muri yombi kandi biteganyijwe ko azagezwa imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Mankweng.

Polisi yavuze ko dosiye yashyikirijwe ishami rishinzwe kurwanya ihohoterwa rikorerwa mu muryango, kurengera abana no gukurikirana ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina (Family Violence, Child Protection and Sexual Offences Unit – FCS) kugira ngo rikomeze iperereza.

Umuyobozi wa Polisi muri Limpopo, Lieutenant General Thembi Hadebe, yamaganye ibyaha byo guhohotera abana, agira ati: “Turamagana twivuye inyuma uburyo ubwo ari bwo bwose bwo guhohotera abana bishingiye ku gitsina, cyane cyane iyo bibereye mu muryango aho abana bagombye kuba bafite umutekano.”

Polisi ntiyatangaje amazina y’abana cyangwa ay’uwo musore ukekwaho icyaha, mu rwego rwo kurinda umwirondoro w’abana no kubahiriza amategeko arengera abana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa