skol
fortebet

Zimbabwe: Inteko ishinga amategeko yemeje umushinga wo guhindura itegeko nshinga

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Friday 19, Jun 2026

Zimbabwe: Inteko ishinga amategeko yemeje umushinga wo guhindura itegeko nshinga

Sponsored Ad

skol

Inteko Ishinga Amategeko ya Zimbabwe yemeje umushinga w’itegeko ugamije kongera manda ya Perezida n’izindi nzego zitowe kuva ku myaka itanu ikagera ku myaka irindwi, ibintu bishobora gutuma Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, akomeza kuyobora igihugu kugeza mu mwaka wa 2030.

Mu matora yabaye ku wa Kane tariki ya 18 kamana 2026, Perezida w’inteko ishinga amategeko, Jacob Mudenda, yatangaje ko abagize Inteko 216 batoye bashyigikira uwo mushinga, umubare urenze kure amajwi 187 yasabwaga kugira ngo habeho ubwiganze bwa bibiri bya gatatu bukenewe mu guhindura Itegeko Nshinga.

Abadepite 42 ni bo batoye bawurwanya.

Ubu uwo mushinga ugiye gushyikirizwa Sena kugira ngo iwusuzume. Biteganyijwe ko uzemezwa kuko ishyaka riri ku butegetsi rya ZANU-PF rifite ubwiganze bukomeye muri uru rwego, binyuze ku bayoboke baryo ndetse n’abayobozi gakondo barishyigikiye.

Niba izi mpinduka zemejwe burundu, Perezida, Abadepite n’izindi nzego zitorewa n’abaturage bazajya bamara imyaka irindwi ku butegetsi aho kuba itanu nk’uko byari bisanzwe.

Uyu mushinga unateganya ko amatora yari ateganyijwe mu gihe kiri imbere yasubikwa kugeza mu mwaka wa 2030. Ukanahindura uburyo bwo gutora Perezida, aho atazongera gutorwa n’abaturage bose, ahubwo akazajya atorwa n’inteko ishinga amategeko.

Abashyigikiye uyu mushinga bavuga ko kongera manda byafasha igihugu kugira ituze rirambye, kugabanya amafaranga menshi akoreshwa mu matora no guha abayobozi igihe gihagije cyo gushyira mu bikorwa gahunda zabo.

Gusa abatavuga rumwe n’uyu mushinga bavuga ko ugamije gufasha Perezida Mnangagwa gukomeza kuguma ku butegetsi nyuma y’uko manda ye ya kabiri izarangira mu mwaka wa 2028. Bamwe muri bo banatangiye kuwurwanya banyuze mu nkiko basaba ko wahagarikwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa