skol
fortebet

Uburyo bwiza bwo gusaba imbabazi umukunzi wawe nyuma yo kurakaranya

Yanditswe: Friday 04, Apr 2025

featured-image

Sponsored Ad

Mu rukundo, si buri gihe haba ibyishimo n’ibiganiro byiza; rimwe na rimwe habaho kutumvikana no kurakaranya. Ariko se ni gute wasaba imbabazi umukunzi wawe nyuma yo gukora ikosa?

Sponsored Ad

Icya mbere ni ukwemera ko wakoze ikosa no guha agaciro amarangamutima ye. Ukeneye kumwereka ko uzi neza ko wamubabaje kandi koko ubabajwe n’ibyo wakoze. Urugero, ushobora kumubwira uti: “Ndabizi ko nakubabaje, sinagombaga kukubwira kuriya.”

Icya kabiri ni ukwirinda gushinja undi amakosa. Gusaba imbabazi bisaba gutuza no kwemera uruhare rwawe utabanje gushaka impamvu zo kwisobanura. Vuga icyo usabira imbabazi neza, urugero: “Ndabizi ko amagambo nakubwiye yari mabi, mbabarira.”

Ikindi ni ukwisabira imbabazi mu mvugo yoroheje, itarimo ubwishongozi. Ni ingenzi kandi guha umukunzi wawe igihe cyo gutuza no kwakira imbabazi zawe. Ntugahatire umuntu kuguhita akubabarira, ahubwo mutere icyizere ko utazongera gukora ikosa nk’iryo.

Mu rukundo, gusaba imbabazi neza bifasha gukomeza urukundo rufite imizi myiza no kwirinda amakimbiraneakabije.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa