
Gutangira ikiganiro n’umukobwa uteye neza bishobora kuba bitoroshye ariko hari uburyo ushobora gukurikiza kugira ngo bikugendere neza. Dore ibintu by’ingenzi wagenderaho:
1. Iyizere wowe ubwawe
Kuba wifitiye icyizere n’ibyiyumvo byiza bifasha kwiyumva neza imbere y’abandi. Mbere yo kwegera umukobwa, iyibutse amagambo meza akugirira akamaro, nko kuvuga uti, “Ndabishoboye,” cyangwa “Ndi umuntu ufite ubwenge kandi ushimishije.”
2. Tekereza neza
Ntugatekereze ku bintu bibi bishobora kuba, ahubwo wibande ku byiza bishobora kuva mu kiganiro. Kubwira ubwenge bwawe ko umukobwa azishimira ikiganiro mufitanye bizagufasha kugabanya ubwoba.
3. Muhange amaso mu buryo bunoze
Gukoresha amaso neza ni ingenzi mu gihe uri kuganira n’umuntu, ku mukobwa we bimwereka ko umwitayeho kandi ko utamutinye.
4. Tegura ibyo uri bumuganirizeho
Banza ingingo zoroheje mushobora kuganiraho. Ushobora gutekereza ku bintu bijyanye n’imyidagaduro, ibiri kuba ku isi, cyangwa ibindi bintu bisanzwe.
5. Ntugaheranwe no kwishimisha gusa
Ahubwo garagaza no kumumenya neza. Ushobora gusangira nawe ibyo ukunda cyangwa ibyo ushimishwa nabyo, ariko kandi wumve ibyo avuga kuko kumva neza ni urufunguzo rw’ikiganiro cyiza.
6. Muvugeho neza mu buryo bwihariye
Ntukihutire kumubwira gusa ngo “Uri mwiza cyane,” ahubwo ugerageze gushakisha ibintu byihariye bigaragaza ko adasanzwe. Nko kumubwira uti, “Ukuntu useka biragaragaza ukuntu uri umuntu ukeye ku mutima.”
7. Gira imyitwarire ituje kandi yisanzuye
Gufunguka mu mubiri no kudahisha ibiganza bifasha umukobwa kubona ko wizeye ibyo ukora kandi ko uri umuntu utajagarara.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *