50 Cent yajyanye Dr Angela mu nkiko uvuga ko yamufashije kongera ubugabo
Yanditswe: Saturday 17, Sep 2022
Umuraperi w’umunyabigwi ku rwego rw’Isi wamamaye nka 50 Cent biravugwa ko yajyanye mu nkiko Dr Angela ufite kompanyi ya Medspa iri kumugaragaza nk’urugero rwiza mubo bafashije mu kongera ubugabo.
Uyu muraperi utemera ibyo iyi Kompanyi iri gukora yifashishije ifoto yifotoranyije na Dr Angela umuyobozi mukuru wayo avuga ibyo bari kumukorera ari uku muharabika no gushaka kwangiza izina rye.
50 Cent yagaragaje ko iyo foto yafashwe muri Gashyantare muri 2020 kandi ko yafashwe ubwo barimo bifotoza bisanzwe bitandukanye n’uburyo irimo gukoreshwa ndetse ashimangira ko atari umukiriya w’iyo Kompanyi ya Dr Kogan Angela uretse kuba ari gukoresha ifoto bafitanye mu nyungu ze bwite.
Ifoto iri kwifashishwa na Dr Kogan na Kompanyi ye Medspa bagaragaza ko 50 Cent ari mubo bahaye Serivise nziza.
Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru byo muri Leza zunze ubumwe z’Amerika avuga ko 50 Cent yareze dr Kogan Angela ndetse na kompanyi yiwe yitwa Medspa.
Kugeza ubu Dr Angela uzwiho ubuhanga mu gufasha abagabo kongera ubugabo ndetse na Kompanyi ye Medspa nta kintu barabivugaho.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *