Amafoto:Ibirori Bidasanzwe Meddy n’umugore we bakoreye imfura yabo yujuje umwaka
Yanditswe: Monday 20, Mar 2023

Mu mafoto atandukanye reba ibirori bidasanzwe Ngabo Medard wamenyekanye nka Meddy mu muziki Nyarwanda n’umugore we Mimi Mehfra bakoreye umwana wabo w’imfura umaze umwaka avutse.
Mu mashusho n’amafoto byagaragajwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Meddy,
Mimi n’umwana wabo w’imfura ndetse n’inshuti n’abavandimwe bitabiriye ibirori by’agatangaza byo kwizihiza isabukuru y’umwana wabo Myla.
Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo yaba Meddy na Mimi basangije ababakurikira amashusho y’ibirori by’umwana wabo, ndetse n’inshuti zabo zaje kwishimana n’umwana wabo maze babyerekanira mu gishushanyo cyabo ari batatu.
Ni amashusho kandi agaragaza ahantu hateguye neza mu buryo bubereye ijisho ndetse n’ahantu hose hari hateguye mu buryo uhabonye wese ahita amenya nyiri birori.
Muri Gicurasi 2021, nibwo Ngabo Medard na Mimi bemeranye kubana nk’umugabo n’umugore imbere y’abantu n’Imana mu bukwe bwabereye Dallas muri Leta zunze ubumwe za America.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *