AMAFOTO:Ihere ijisho uburanga bwa Albina Sydney wahisemo gukundana n’umukobwa mugenzi we
Yanditswe: Tuesday 11, Oct 2022

Mu mafoto atandukanye ihere ijisho uburanga bwa Kirenga Albina Sydney umenyerewe mu ruhando rw’imyidagaduro nk’umunyamakuru ndetse n’umushyushyrugamba wahisemo gukundana n’umukobwa mugenzi we.
Albina umaze kwigaruri imitima ya benshi kubera gushyushya ibirori avuga ko yahisemo gukundana n’umukobwa mugenzi we nta yindi mpamvu agendeyeho uretse urukundo gusa.
Ibi yabivuze ubwo yari mu Kiganiro na Froka Tv Youtube Chanel ikorera muri Canada ariko y’Umunyarwanda Albina avuga ko guhitamo gukundana n’mukobwa mugenzi we ko nta kindi kintu kihariye yagendeyeho uretse urukundo kandi yemera ko aribyo buri wese akwiye kugenderaho hatabaye gutoranya.
Ati"Ku bwanjye nkundana n’umukobwa bitandukanye nuko dutingana twe turakundana".
Uyu mukobwa yamenyekanye mu mwuga w’itangazamakuru hano mu Rwanda kuri Flash tv ndetse akaba ari n’mushyushyarugamba mu birori aherutse kwerekeza muri Canada ari naho atuye ubu.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *