Apotre Gitwaza yahagaritse urugendo rwa gihanuzi muri Israel
Yanditswe: Tuesday 03, Mar 2026
Dr Apotre Gitwaza yatangaje ko Itorero rya Authentic Word Ministries abereye umuyobozi ryahagaritse urugendo rwa gihanuzi bari bafite muri Israel, kubera impamvu z’umutekano.
Ni icyemezo uyu muvugabutumwa yatangaje mu ijoro ryo ku wa 2 Werurwe 2026, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.
Yavuze ko uru rugendo rwasubitswe rwari ruteganyijwe kuva ku wa 4-13 Werurwe 2026.
Ati “Ubuyobozi bwa Authentic Word Ministries buramenyesha abantu bose bari biyandikishije kujya muri Israel mu rugendo rwa gihanuzi rwari ruteganijwe kuba kuva 4-13 Werurwe 2026 ko rwasubitswe ku bw’impamvu z’umutekano.”
Yabwiye abari biyandikishije muri uru rugendo ati “Muzamenyeshwa igihe ruzasubukurirwa. Imana ibahe umugisha.”
Authentic Word Ministries ya Apotre Gitwaza ihagaritse uru rugendo mu gihe mu Burasirazuba bwo Hagati hakomeje kubera intambara ihanganishije Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifatanyije na Israel mu kuyigabaho ibitero.
Iyi ntambara kandi isa n’iyamaze gukwira akarere kose kuko ubwo Iran yari itangiye kuraswaho, yahisemo kwihorera irasa ku bihugu birimo Qatar, Koweit, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Bahrain na Arabie Saoudite.
Iran ishinja ibi bihugu gukorana na Amerika, no gucumbikira ibirindiro by’igisirikare cyayo.
Apostle Gitwaza yahagaritse urugendo rwa gihanuzi rwo muri Israel ku mpamvu z’umutekano

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *