APR FC yatomboye Pyramids FC, Rayon Sports yisanga muri Tanzania: Tombola y’amakipe azahagararira u Rwanda
Yanditswe: Saturday 09, Aug 2025
APR FC yatomboye Pyramids FC yo mu Misiri mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League, mu gihe Rayon Sports yatomboye Singida Black Stars yo muri Tanzania mu mikino ya CAF Confederation Cup.
Aya makipe azahagararira u Rwanda mu Mikino Nyafurika yose azahera mu ijonjora ry’ibanze, aho APR FC izakina CAF Champions League izahura na Pyramids yo mu Misiri mu mikino iteganyijwe hagati ya tariki 19-21 Nzeri 2025, mu gihe uwo kwishyura uzaba nyuma y’icyumweru kimwe.
Uretse kuba Pyramids ari yo ifite igikombe giheruka, ni ku nshuro ya gatatu yikurikiranya aya makipe agiye guhura ariko kuri iyi nshuro ni mu ijonjora rya mbere.
Ikipe izasezerera indi, izahura n’izava hagati ya Rema Stars yo muri Nigeria na US Zilimadjou yo mu Birwa bya Comoros.
Ikipe y’Ingabo imaze iminsi yiyubaka bikomeye ihereye ku mutoza Abderrahim Talib yasimbuje Umunya-Serbia Darko Nović.
Iyi kipe ntabwo yahindutse cyane kuko yaguze abakinnyi barimo Memel Dao, William Tangui, Ronald Ssekiganda n’abandi.
Uretse imikino ya gicuti imaze iminsi ikina, Ikipe y’Ingabo iri gutegura umukino ukomeye izakiramo Power Dynamos yo muri Zambia, tariki ya 17 Kanama 2025.
Rayon Sports yisanze muri Tanzania
Indi kipe ihanzwe amaso n’Abanyarwanda ni Rayon Sports yongeye guhagararira igihugu mu mikino ya CAF Confederation Cup nyuma y’imyaka ibiri.
Mu ijonjora ry’ibanze, Gikundiro izahura na Singida Black Stars yabaye iya gatatu muri Shampiyona ya Tanzania mu mikino iteganyijwe hagati ya tariki 19 na 21 Nzeri 2025 n’uwo kwishyura uri hagati ya tariki ya 26 na 28 Nzeri 2025.
Ikipe izasezerera indi, izahura n’izaba yakomeje hagati ya Flambeau de Centre y’i Burundi n’ikipe yo muri Libya itaramenyekana kuko Shampiyona itararangira.
Mu rwego rwo kwitegura neza iyi mikino, Murera yariyubatse aho yaguze abakinnyi benshi nka Bigirimana Abedi, Chadrack Bingi Bello, Emery Bayisenge, Musore Prince n’abandi.
Iyi kipe kandi ikomeje gukina imikino ya gicuti muri gahunda ya ‘Rayon Week.’
Tariki ya 15 Kanama 2025, Rayon Sports izahura na Yanga SC yo muri Tanzania mu mukino uzaherekeza Umunsi w’Igikundiro uzabera kuri Stade Amahoro.



Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *