Barack Obama na Michele Obama bashimagije bucura bwabo ku isabukuru ye
Yanditswe: Saturday 11, Jun 2022
Barack Obama n’umugore we Michele Obama batakagije umwana wabo w’umuhererezi Sacha Obama ku isabukuru ye y’imyaka 21 bagaragaza ko ari umwana wakuranye uburanga n’ubwnge kuva akiri muto.
Mu gihe Sacha Obama yizihiza isabukuru ye y’amavuko y’imyaka 21 ababyeyi be bamutakakije bamugaragaza nk’umwana wuje uburanga ndetse n’ubwenge.
Bifashishije imbugankoranyambaga bakoresha Barack Obama yagize ati"Umunsi mwiza w’amavuko Sasha! Nakunze kukubona ukura wuje ubwenge, ubwiza n’ubushishozi nk’umwari kandi imyaka yose uzagira uzahora uri umukobwa wange muto".
Michele Obama nawe yagize ati"Umukundwa yabaye ikizungerezi, yiyitaho, afite umuhate kandi yujuje indangagaciro z’umwari, ariko iteka uzahora uri muto mu maso yange. Ntewe ishema n’uwo uri kuba "Mama aragukunda"
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *