Basketball: Los Angeles Lakers igiye kugurishwa arenga miliyari 10$
Yanditswe: Thursday 19, Jun 2025
Los Angeles Lakers iri mu makipe akomeye ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yari mu biganza by’umuryango wa Jerry Buss [The Buss family], igiye kwegukanwa na TWG Global Holdings ya Mark Walter ayitanzeho arenga miliyari 10$.
LA Lakers ni imwe mu makipe afite ibigwi ndetse n’abakinnyi bakomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko ikaba imaze igihe ititwara neza dore ko iheruka igikombe mu 2020.
Nyuma y’uko bigaragaye ko ’The Buss Family’ ifite imigabane y’iyi kipe ingana na 66% itangiye kunanirwa, irifuza kuyigurisha igahabwa ibindi bigo bigifite imbaraga zo kuyitaho.
Ikinyamakuru BBC cyagaragaje ko Umuyobozi Mukuru wa TWG Global, Mark Walter, wari uyfitemo imigabane ya 20% kuva mu 2021, yamaze kuganira n’uyu muryango kugira ngo atange asaga miliyari 10$ yegukane iyi kipe burundu.
Naramuka atanze arenga miliyari 10$ kuri LA Lakers, azaba yanditse amateka yo kugura ikipe ihenze, byaherukaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuko byaherukaga mu 2021, ubwo Bill Chisholm yaguraga Boston Celtics kuri miliyari 6,1$.
Mark Walter asanzwe afite indi kipe ya Baseball na yo ibarizwa mu mujyi wa Los Angeles ya Los Angeles Dodgers. Iyi ikaba yaratwaye Igikombe cya Shampiyona ya Baseball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mwaka ushize.
Ibindi bikorwa bya siporo Walter yashoyemo imari harimo Chelsea FC yo mu Bwongereza n’ikipe yo gusiganwa mu modoka ya Cadillac izatangira guhatana muri Formula 1 mu 2026.
Jerry Buss yaguze LA Lakers mu myaka 46 ishize ayitangaho miliyoni 67,5$. Aha harimo n’ikipe ya Hockey ya Los Angeles Kings, Los Angeles Arena.
Kuva icyo gihe imaze kwegukana ibikombe bya NBA kurusha indi kipe iyo ari yo yose. Yageze ku mukino wa nyuma inshuro 17, yegukana irushanwa inshuro 11.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *