Ben Pol yahakanye amakuru yari yatangajwe n’umugore we avuga ko bamaze gutandukana byemewe n’amategeko
Yanditswe: Wednesday 05, Oct 2022
Ben Pol yateye utwatsi ibyari biherutse gutangazwa n’umugore we Anerlisa watangaje ko yamaze gutandukana byemewe n’amategeko n’uyu muhanzi.
Ben Pol yateye utwatsi ibyari biherutse gutangazwa n’umugore we Anerlisa watangaje ko yamaze gutandukana byemewe n’amategeko n’uyu muhanzi.
Umuhanzi Benard Michael Paul Mnyang’anga uzwi nka Ben Pol yahakanye ibyo kuba yaramaze gutandukana n’uwahoze ari umugore we Anerlisa Muigai.
Ben Pol aganira na Nairobi News, yavuze ko amakuru y’ibyo kuba urubanza rwa gatanya rwarageze ku ndunduro yabyumvise gutyo kuko atigeze abimenyeshwa.
Ati"Nanjye ayo makuru nkomeje kuyabona gutyo akwirakwira. Kuko ntigeze mbitangarizwa mu buryo buziguye cyangwa butaziguye. Mu kuri sinzi aho yakuye ayo makuru kuko n’urukiko twakiyemo gatanya narwo rudafite amakuru".
Ben Pol watse gatanya muri 2021 avuga ko ategereje umwanzuro w’urukiko ati"Rero njyewe ibintu byose nabihariye urukiko, ntegereje ko bamenyesha umwanzuro mu buryo bw’umwuga".
Ben Pol ibi yabivuze nyuma y’iminsi mike umugore we atangaje ko bamaze gutandukana byemewe ndetse ashimira n’abanyamategeko be bamufashije.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *