Imyidagaduro
Beyonce na Jay Z berekanye amafoto y’impanga zabo ku nshuro ya mbere mu gitaramo
Yanditswe: Thursday 07, Jun 2018
Umuhanzi Jay Z n’umugore we Beyonce bashyize hanze amafoto agaragaza abana b’impanga baherutse kubyara Rumi na Sir Carter mbere yo gutangira uruhurirane rw’ibitaramo bagiye gukora hirya no hino ku isi.
Beyonce na Jay Z bagaragaje amafoto bateruye abana babo b’impanga aho bamwe mu bitabiriye igitaramo cyabo mu mujyi wa Cardiff bishimye cyane ndetse babakomera amashyi.
Muri aya amafoto yashyizwe hanze,yaba Beyonce na Jay Z buri wese yari afashe aba bana bombi.
Beyonce ari kugenda yamamaza zimwe mu ndirimbo ziri kuri muzingo aherutse gusohora witwa Lemonade.
Beyonce na Jay Z babyaye impanga muri Kamena umwaka ushize ndetse bakomeje kugira ibanga aba bana babo,umwaka urinda urangira.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *