skol
fortebet

Billie Eilish yongeye kuvugisha benshi nyuma yo gufotorwa asomana i Burayi

Yanditswe: Monday 09, Jun 2025

featured-image

Sponsored Ad

Umuhanzikazi Billie Eilish ukomeje kwigarurira imitima y’abatari bake ku Isi, yongeye kuvugisha benshi nyuma yo gufotorwa ari mu bihe byihariye n’umukinnyi wa filime Nat Wolff, bituma ibihuha by’urukundo rwabo byongera gukaza umurego.

Sponsored Ad

Aba bombi bagaragaye ku wa 8 Kamena 2025 bari ku gasongero k’inzu mu mujyi wa Venice mu Butaliyani, aho basangiraga inzoga mu buryo ubona ko bwihariye, basabana, ndetse baza no gufotorwa amafoto bari gusomana. Ibi byatumye abantu bongera guhuza aya mafoto n’ibihuha bimaze igihe bivuga ku mibanire yabo.

Ubusanzwe Billie Eilish w’imyaka 23 n’uyu musore Nat Wolff w’imyaka 30, bagiye bagaragara mu ruhame inshuro zitandukanye, ariko kenshi bagahakana iby’umubano udasanzwe bavuga ko urukundo bafitanye ari urw’inshuti zisanzwe.

Ibihuha byatangiye gukaza umurego muri Werurwe 2025, ubwo bombi basohokanye nyuma y’ibirori bya muzika byabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse bongera kugaragara bari kumwe mu ijoro rimwe mu mujyi wa New York.

Nat Wolff asanzwe ari umukinnyi wa filime ndetse aranacuranga, akaba yaranagaragaye muri video y’indirimbo ya Billie Eilish yitwa “Chihiro”, yasohotse muri Kamena 2024. Icyo gihe Billie yavuze ko ubusabane bagaragaje muri iyo ndirimbo bwari ubusanzwe, yongeraho ko bahise bahuza nk’abantu bigeze kuba mu buzima bw’intimba y’urukundo.

Nubwo babyita ubucuti, hari byinshi bituma abantu babafata nk’abakundana, cyane cyane ko bombi babanye hafi mu rugendo rw’umuziki n’ubuhanzi kuva mu mwaka ushize ubwo abavandimwe ba Wolff bafunguriraga ibitaramo bya Eilish ku rugendo rwe rwo gutaramira abafana mu bihugu bitandukanye.

Mu kiganiro Nat Wolff yagiranye n’itangazamakuru mu mpera z’umwaka ushize, yavuze ko we na Billie Eilish bahujwe n’uko bombi bafite uburwayi buzwi nk’indwara ya Tourette, ituma umuntu agira imyitwarire n’amajwi atifuzwa kandi adashobora kugengwa. Yagize ati: “Twumvaga ibintu kimwe, twese tuzi uko tugerageza guceceka kugira ngo twinjire mu bandi, ariko twamenyanye nk’abantu badasabwa guhinduka.”

Eilish na we mu bindi biganiro yagiye atanga, yagaragaje ko ashaka kubaho ubuzima bwite budakomeje kwinjirwamo n’itangazamakuru, cyane cyane ku bijyanye n’urukundo. Ati: “Icyo nifuje kuva kera ni uko nta muntu n’umwe wongera kugira icyo amenya ku buzima bwanjye bw’urukundo cyangwa ku myumvire yanjye bwite. Sinzongera kubivugaho.”
Uretse ibyo, Billie Eilish aracyari umwe mu bahanzi bakomeye b’iki gihe, waranzwe no gutsindira ibihembo bikomeye bya muzika n’ubugeni, akaba yaritabiriye ibitaramo bikomeye ndetse akomeza kugenda agaragaza impano idasanzwe mu buryo bwo kuririmba no kuyobora ibihangano bye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa