Burna Boy yatangaje ko iyo ataba umuhanzi yari kuba umugizi wa nabi
Yanditswe: Friday 22, Aug 2025
Damini Ogulu, uzwi ku izina rya Burna Boy, umuhanzi w’Umunya-Nigeria wabonye igihembo cya Grammy, yashyize ahagaragara icyerekezo cy’ubuzima bwe yari kuba arimo iyo aza kuba atarinjiye mu muziki.
Burna Boy yavuze ko mu gihe atari kuba umuhanzi, yari kuba umwiyahuzi witurikirizaho ibisasu, umujura w’amavuta y’ibikomoka kuri peteroli, cyangwa agakora uburaya. Ibi yabigaragaje ubwo yari mu kiganiro n’umwe mu bakunzi be ku mbuga nkoranyambaga, asobanura ko hari amahitamo menshi yari guhitamo mu buzima bwe, ariko umuziki wamurinze gukora ibyaha.
Uyu muhanzi ni we mugabane wa Afurika ufite indirimbo nyinshi zagiye ku rutonde rwa US Billboard Hot 100. Indirimbo ye WGFT, yakozwe afatanyije n’umuraperi wo muri Amerika Gunna, iri ku album ye nshya The Last Wun, yinjiriye ku mwanya wa 96 kuri Hot 100 y’iki cyumweru, bikaba byongerera Burna Boy indirimbo zirindwi zagiye kuri uru rutonde.
Burna Boy kandi ni we muhanzi wa mbere muri Afurika wagaragaye ku rutonde rwa Billboard Hot 100 mu gisata cy’indirimbo nshya mu myaka itanu yikurikiranya (2021, 2022, 2023, 2024 na 2025).
Uyu musore yerekanye ko muzika atari umwuga gusa kuri we, ahubwo ari n’inzira yatumye abasha kugendera kure y’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, bityo akabaho ubuzima bwiza kandi agatanga urugero rwiza ku bakunzi be.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *