skol
fortebet

Bwa mbere Harmonize yaciye amarenga ko yaba yasubiranye na Kajala amaze igihe asaba imbabazi

Yanditswe: Monday 06, Jun 2022

featured-image

Sponsored Ad

Nyuma y’igihe kitari gito Umuhanzi uri mubakomeye muri Tanzania wamamaye nka Harmonize agaragaza ko umutima we ushengurwa no kuba udafite Kajala wahoze ari umukunzi ndetse akagaragaza ko yiteguye gukora buri kimwe ngo amusubirane bwa mbere yaciye amarenga ko bashobora kuba basubiranye mu butumwa yavuze ko atari ubwo gusaba imbabazi ahubwo ari ubw’ishimwe.

Sponsored Ad

Harmonize yashyize ubutumwa hanze bwanyuze Kajala Frida amaze iminsi asaba ko basubirana, asobanura ko atari ubwo gusaba imbabazi ahubwo ari ishimwe.

Mu butumwa burebure yanyujije ku mbuga nkoranyambaga buherecyejwe n’ifoto ya Kajala, Harmonize yatangiye asa n’uca amarenga y’uko yamaze gusubirana na Kajala aho avuga ko habuze gato ngo amubure. Ati:”Ubu ntabwo ari ubutumwa bwo gusaba imbabazi! Ni ubw’ishimwe ku muntu habuze gato ngo mbure. Ubwo isi yose yavugaga ko bidashoboka, werekanye ko bishoboka urankunda n’ubwo nagutengushye.”

Harmonize amaze igihe agaragaza ko yiteguye gukora buri kimwe kugirango asubirane Kajara wahoze ari umukunzi we.

Ahirutse gushyira hanze ubutumwa bwihaniza abantu bavuga ko kuba Harmonize arimo guca bugufi byaba ari uburyarya ababwira ko ibyo akora byose ariicyo akeneye mu buzima bwe ari ugusubirana uwahoze ari umukunzi we Kajala.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa