skol
fortebet

Umusore wihinduye umukobwa yambitswe ikamba rya Miss Nevada [AMAFOTO]

Yanditswe: Wednesday 30, Jun 2021

featured-image

Sponsored Ad

Ku cyumweru nibwo uyu muhungu wihinduye igitsina w’imyaka 27 yahize abandi bari bahatanye 21 muri aya marushanwa y’ubwiza yitwa Miss Nevada USA, akaba ariwe ubaye uwa mbere mu mateka y’aya marushanwa wahinduye igitsina uryegukanye.

Sponsored Ad

Ibintu byo guhindura igitsina bimaze kumenyerwa cyane cya mu bihugu byateye imbere ko umuntu abashaka kwihinduza igitsina bigakunda.Umuhungu akaba yakwihinduza umukobwa cyangwa umukobwa akaba akaba yakwihinduza umuhungu, aho binyura mu kwibagisha bakamuhindura undi muntu mushya (Plastic Surgery).Aba bantu bihinduje ibitsina bazwi ku izina rya “Transgender”.


Umuhungu wihinduje umukobwa bamwita Transwoman naho umukobwa wihinduje umuhungu yitwa Transmale. Kataluna Enriquez waciye agahigo nawe abarizwa mu ba Transwoman ,we yahoze ari umuhungu nyumaza aza kwegera abanganga bamugira umukobwa.

Kataluna Enriquez wakoze ibitarakorwa n’abanshi ku Isi ,yitabiriye irushanwa ry’ubwiza ryo muri Leta Zunze ubumwe za America rizwi ku izina rya Miss Navada USA .Kumubona muri aya marushanwa byatunguye abantu benshi dore ko nta mahirwe yahabwaga yo kuba yakwegukana iri Kamba.

Ibi uko byari byitezwe siko byabaye kuko byarangiye Kataluna wahoze ari umuhungu arushije abandi bakobwa 21 bari bahanganiye muri iri rushanwa maze yegukana ikamba rya Miss Nevada USA 2021.

Mu butumwa yanyujije kurukuta rwe rwa Instagram yashimiye abantu agira ati “Ndashimira bose bashyigikiye guhera ku umunsi wa mbere .Umuryango mbamo w’abihinduje igitsina ndabashimiye ko mwambaye hafi mbahoza ku mutima ,itsinzi yanjye ni iyacu twese twanditse amateka.”

Yakomeje agira ati “ Mukomeze kuryoherwa n’ukwezi kwacu(Pride Mounth”).Ibi yabishyize mu ibara ry’umukororombya werekana abantu bari mu muryango wa LGBTQs ugizwe n’ahibihinduje igotsina n’abatinganyi ndetse anasoza abifuriza ukwezi kwiza kwabagenewe dore ko ukwezi kwa 6 kwahariwe abantu nkawe.

Enriquez ubaye umuhungu wihinduye umukobwa wa mbere utsindiye ikamba rya Nyampinga ateganijwe kuzitabira amarushanwa ya Nyampinga wa Leta Zunze Ubumwe za America (Miss USA) azaba mu kwezi k’Ugushyingo uyu mwaka.


Refe:/people.com

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa