skol

Byemejwe ko Liam Payne yanyoye uruvange rw’inzoga n’ibiyobyabwenge mbere yo gupfa

Yanditswe: Thursday 27, Feb 2025

featured-image

Nyuma y’amezi atanu umuhanzi Liam Payne wamamaye mu itsinda rya ‘One Direction’ apfuye, hasohotse raporo igaragaza ko yari yanyoye inzoga ziri ku kigero cyo hejuru hamwe n’uruvange rw’ibiyobyabwenge.

Raporo y’ishami ry’Ubushinjacyaha rishinzwe igorora, ivuga ko ibizamini byakorewe umurambo wa Payne byerekanye ko yari afite mu maraso ye inzoga ziri ku rugero rwo hejuru cyane.

Uretse uru rugero rw’inzoga, iri shami ryasobanuye ko mu mubiri we hanasanzwemo uruvange rw’ibiyobyabwenge birimo Cocaine na Ketamine nk’uko ikinyamakuru TMZ cyabitangaje.

Nk’uko iyi raporo ibivuga, ibyabonetse mu mubiri wa Liam Payne bishobora kuba byaragize uruhare mu rupfu rwe, kuko inzoga n’ibiyobyabwenge byinshi mu mubiri bituma umuntu avangirwa, akabona ibintu bidahari.

Liam Payne yapfuye tariki 16 Ukwakira 2024, nyuma yo guhanuka ku igorofa rya hoteli yari acumbitsemo muri Argentine.

Icyo gihe byaketswe ko kuba yarahanutse ku nyubako ndende byaba byaraturutse ku bintu yanyoye, dore ko mu cyumba cya hoteli yari acumbitsemo habonetse ibiyobyabwenge n’amacupa y’inzoga.

Uyu muhanzi yamamaye mu itsinda rya One Direction rizwi mu ndirimbo nyinshi nka ‘Story Of My Life’, ‘Night Changes’, ‘Steal My Girl’ n’izindi. Yari umwe kandi mu bahanzi bari bakunzwe mu Bwongereza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa