skol

Camila Cabello umaze iminsi mu Rwanda yahawe impano itangaje n’umunyabugeni w’i Musanze

Yanditswe: Tuesday 03, Jan 2023

featured-image

Umuhanzikazi wo muri Leta Zunze Ubumwe Amerika, Camilla Cabella, yahawe impano n’munyabugeni Harera Credo Boris y’igishushanyo yamukoreye nyuma y’igihe gito bari kumwe.

Camilla Cabello ubwo yari mu ruzinduko rw’ibanga yakoreye mu Rwanda tariki 31 Ukuboza 2022, yasuye uduce two mu Karere ka Musanze mu Kinigi, aho niho yahuriye n’umusore Credo wamushushanyije amureba mu minota mike bamaranye.

Uyu musore w’imyaka 21 usanzwe ari umunyabugeni ukorera mu Karere ka Musanze, yabwiye Igihe ko akibona Camilla byamunejeje cyane kuko n’ubusanzwe akunda umuziki we bimutera kumushushanya.

Yagize “ Njye nkimubona nahise mfata urupapuro n’ikaramu ndamushushanya, mu minota mike yari amaze aho aje kudusura. Na we byaramutunguye kuko ntabwo yari abizi ko ndi kumushushanya. Ni ibintu yakiriye neza byamunejeje.”

Camilla Cabello kuri ubu wamaze gusubira iwabo, ni umuhanzi, umwanditsi w’indirimbo n’umukinnyi wa filime ukunzwe n’abatari bake ku Isi. Yakoze indirimbo nka Havana, Crying in the Club, Senorita yakoranye na Shawn Mendez bahoze bakundana n’izindi.

Uyu mukobwa kugeza ubu ntiharamenyekana impamvu yakoreye uruzinduko mu Rwanda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa