Chris Froome yabazwe umutima nyuma yo gukomerekera mu mpanuka ikomeye
Yanditswe: Wednesday 03, Sep 2025
Umugore wa Chris Froome yatangaje ko uyu mukinnyi w’amagare wegukanye Tour de France inshuro enye, yakomeretse ku mutima ubwo yakoraga impanuka ikomeye yabereye mu Majyepfo y’u Bufaransa ari mu myitozo mu cyumweru gishize.
Umwongereza Froome w’imyaka 40, yajyanywe kwa muganga n’indege ya kajugujugu nyuma yo kuvunika imbavu eshanu, kwangirika igihaha n’igufa ry’urutirigongo.
Umugore we, Michelle, yabwiye ikinyamakuru The Times ko abaganga basanze agace gakikije umutima w’umugabo we karangiritse, ariko babashije kugasubiranya ubwo bamubagaga.
Michelle Froome yavuze ko ibikomere umugabo we yagize ubwo yagwaga, ari byo bikomeye kurusha amagufwa yavunitse.
Ati “Ameze neza ariko bizafata igihe kirekire kugira ngo akire. Azamara igihe adatwara igare. Chris yishimiye ko mubitangaza ko abantu bakeneye kumenya ibiri kujya imbere.”
Chris Froome yabagiwe umutima mu bitaro bya gisirikare bya Sainte-Anne Toulon, bikaba ari byo bikomeye muri ubu buvuzi muri icyo gice cy’u Bufaransa.
Ibigwi bya Chris Froome, umwe mu bakinnyi beza babayeho mu mukino w’amagare
Froome yegukanye amarushanwa arindwi akomeye ku Isi azwi nka “Grand Tours”, ni ukuvuga Giro d’Italia imwe, Vuelta a España inshuro ebyiri na Tour de France inshuro enye.
Yegukanye Tour de France ya mbere mu 2013, atwara izindi eshatu zikurikiranya hagati ya 2015 na 2017.
Abakinnyi bane b’abagabo ni bo bonyine begukanye Tour de France inshuro nyinshi kumurusha. Abo ni Jacques Anquetil, Eddy Merckx, Bernard Hinault na Miguel Indurain, bose bayitwaye inshuro eshanu.
Froome yegukanye kandi imidali ibiri y’Umuringa mu Mikino Olempike, mu gusiganwa n’igihe mu 2012 na 2016, ndetse yahawe ishimwe n’Ubwami bw’u Bwongereza mu 2015, agirwa “OBE”.
Mu 2019, ntiyitabiriye Tour de France kuko yari arwariye bikomeye mu bitaro nyuma yo gukora impanuka ikomeye ari mu myitozo.
Uyu mukinnyi uri ku mpera z’amasezerano ndetse wigeze kuvuga ko umwaka wa 2025 ushobora kuba uwe wa nyuma asiganwa nk’uwabigize umwuga, yitabiriye Tour du Rwanda mu 2023 ari mu Ikipe ya Israel-Premier Team akinira kugeza ubu.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *