skol

Diarra na Boissy bamenye amakipe bazakinira muri NBA Summer League

Yanditswe: Wednesday 02, Jul 2025

featured-image

Aliou Diarra wa APR BBC azakinira Dallas Mavericks mu gihe Jean Jacques Boissy wa REG BBC azaba ari muri Milwaukee Bucks, mu mikino ya NBA Summer League iteganyijwe tariki ya 10 kugeza ku ya 20 Nyakanga 2025 i Las Vegas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Amakipe yo muri NBA akoresha iyi mikino aha umwanya abakinnyi batakunze kuwubona cyane muri Shampiyona, abashya aba aherutse gutoranya muri ’draft’ ndetse n’abandi batandukanye bahabwa amahirwe yo kwigaragaza.

Aba bakinnyi bombi bari mu beza bari muri Shampiyona y’u Rwanda ntabwo bazagarara mu mikino ya nyuma izahuza APR BBC na REG BBC guhera ku wa Gatatu, tariki ya 2 Nyakanga 2025 saa 19:00 muri BK Arena.

Kubura aba bakinnyi, ni igihombo gikomeye ku makipe yombi kuko bari inkingi za mwamba.

Jean Jacques Boissy uzwiho gutsinda amanota menshi aherutse kuba umukinnyi mwiza wa BAL 2025 nyuma yo gufasha Al Ahli Tripoli kuyegukana.

Ni mu gihe inshuro zose APR BBC yakinnye idafite Diarra wabonaga ibura ikintu kubera gutsinda amanota menshi no kugarira cyane.

Ikipe y’Ingabo yageze ku mukino wa nyuma isezereye Patriots muri ½, ku ntsinzi eshatu kuri ebyiri. Ni mu gihe REG BBC nayo yasezereye UGB iyitsinze imikino itatu ku busa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa