Umuraperi Doja Cat ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ategerejwe mu gitaramo azakorera muri BK Arena ku wa 17 Werurwe 2026.
Yatumiwe ku bufatanye na Global Citizen itegura ibitaramo bya MoveAfrika, ari nacyo Doja Cat azaririmbano i Kigali.
Biteganyijwe ko nyuma y’igitaramo azakorera mu Rwanda, Amala Ratna Zandile Dlamini wamamaye nka Doja Cat, agomba kuzahita akomereza muri Afurika y’Epfo ku wa 20 Werurwe 2026.
Amakuru y’uko Doja Cat agiye gutaramira i Kigali, yemejwe n’ubuyobozi bwa Global Citizen itegura ibitaramo bya ‘Move Afrika’ bubinyujije ku mbuga nkoranyambaga.
Uyu muhanzi w’imyaka 30 amaze hafi imyaka 15 mu muziki. Azwi mu ndirimbo nka Say so, Kiss me more yakoranye na SZA, Streets n’izindi nyinshi.
Doja Cat abaye umuhanzi wa gatatu utumiwe muri ‘Move Afrika’ nyuma ya Kendrick Lamar watumiwe mu 2024 na John Legend watumiwe mu 2025.
Doja Cat ategerejwe i Kigali mu gitaramo cya ’Move Afrika’ gitegurwa na ’Global Citizen’
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *