skol
fortebet

Elon Musk abaye uwa mbere ku isi utunze tiliyari y’amadolari mu gihe agaciro ka SpaceX katumbagiye

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Saturday 13, Jun 2026

Elon Musk abaye uwa mbere ku isi utunze tiliyari y'amadolari mu gihe agaciro ka SpaceX katumbagiye

Sponsored Ad

skol

Ku wa gatanu, Elon Musk yabaye umuntu wa mbere ku isi utunze tiliyari y’amadolari y’Amerika, nyuma yuko imigabane ye muri kompanyi ye SpaceX y’ibyogajuru yiyongereye cyane mu itangira rya mbere rinini cyane ribayeho kugeza ubu ryo ku isoko ry’imari n’imigabane.

Uyu washinze kompanyi Tesla na SpaceX yashimangiye bimworoheye cyane umwanya we nk’umugabo wa mbere ukize cyane ku isi, mu gihe umutungo we wose wageze kuri tiliyari 1.11 y’amadolari y’Amerika, nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru Bloomberg ku rutonde rwacyo rw’abaherwe ku isi. Tiliyari imwe ingana na miliyari 1000.
Ibi bibaye nyuma yuko kompanyi ye SpaceX, inakora ibijyanye n’itumanaho n’ubwenge buhangano (AI), yiyandikishije ku isoko ry’imari n’imigabane rya Nasdaq mu mujyi wa New York, ku gaciro ka tiliyari 2.2 z’amadolari y’Amerika.
Iyo kompanyi yavuze ko imigabane yayo izagurishwa ku madolari 135 kuri buri mugabane, ariko isoko ryatangiye kurema igurishwa ku madolari 150 kuri buri mugabane ndetse, by’akanya gato, hari ubwo umugabane umwe wagiye ugurwa ku madolari 176.50, ibigaragaza amashyushyu y’abashoramari ku bucuruzi bushobora kuzabaho bufitanye isano n’ibyogajuru hamwe na kompanyi zifite aho zihuriye na Musk.
Ubwo isoko ryari ririmo kuremura ku wa gatanu, imigabane ya SpaceX yari irimo kugurishwa ku madolari 161 y’Amerika kuri buri mugabane.

Ubwo isoko ryari ririmo kuremura ku wa gatanu, imigabane ya SpaceX yari irimo kugurishwa ku madolari 161 y’Amerika kuri buri mugabane.
Igurishwa rya mbere ry’imigabane kuri rubanda muri rusange mu ntangiriro ya SpaceX ku isoko ry’imigabane, ibizwi mu Cyongereza nka ’initial public offering’ (IPO), ryakusanyije miliyari 75 z’amadolari y’Amerika avuye mu bashoramari n’abagenagaciro k’amasezerano, mbere yuko iyo kompanyi igera ku isoko ry’imari n’imigabane ku wa gatanu.
Kuba Musk afite 42% by’umutungo wose wa SpaceX, urebye bimuha ubugenzuzi bwayo wenyine kuri buri kintu cyose iyo kompanyi ikora. Ashobora gukoresha uko ashatse kose ayo mafaranga arimo kuyishorwamo.
Ikinyamakuru Bloomberg kivuga ko imigabane ye muri SpaceX yari ifite agaciro ka miliyari 767.1 z’amadolari y’Amerika ubwo isoko ryaremuraga ku wa gatanu, ndetse afite izindi miliyari 53.8 z’amadolari zivuye ku mahitamo afite y’igurisha ajyanye na SpaceX. Anafite miliyari 168 z’amadolari mu migabane ya Tesla, n’izindi miliyari 116.4 z’amadolari mu mahitamo ye muri Tesla.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa