skol
fortebet

Emmanuel Wanyonyi yaciye agahigo ku isi, Perezida Ruto amwita ishema rya Kenya

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Saturday 11, Jul 2026

 Emmanuel Wanyonyi yaciye agahigo ku isi, Perezida Ruto amwita ishema rya Kenya

Sponsored Ad

skol

Perezida wa Kenya, William Ruto, yagaragaje ibyishimo n’ishema nyuma y’uko umukinnyi Emmanuel Wanyonyi yanditse amateka mashya mu gusiganwa ku maguru, aca agahigo ku isi ka metero 1,000 kari kamaze imyaka 27 kadahinduka.

Uyu musore w’Umunya-Kenya w’imyaka 21 yabigezeho mu irushanwa rya Diamond League ryabereye i Monaco ku wa Gatanu, tariki ya 10 Nyakanga 2026, aho yakoresheje iminota 2, amasegonda 11 n’amatsiyerisi 83.

Ibi byatumye akuraho agahigo kari gafitwe na Noah Ngeny, nawe w’Umunya-Kenya, wari wakashyizeho mu 1999 akoresheje iminota 2, amasegonda 11 n’amatsiyerisi 96.

Muri iri siganwa, Wanyonyi yatangiye yiruka ku muvuduko uri hejuru, afashwa n’abagenaga umuvuduko (pacemakers), bituma agera kuri metero 400 za mbere mu masegonda 50, ndetse ageza kuri metero 800 akoresheje umunota 1 n’amasegonda 45, mbere yo kongera umuvuduko mu bilometero bya nyuma agasiga ageze ku murongo wa nyuma yaciye agahigo.

Perezida William Ruto yavuze ko ibyo Wanyonyi yakoze ari ishema rikomeye kuri Kenya no ku mukino wo gusiganwa ku maguru muri rusange, amushimira kuba yongeye kwereka isi ubuhanga bw’abakinnyi b’icyo gihugu.

Ku ruhande rwe, Emmanuel Wanyonyi yavuze ko yishimiye cyane ibyo agezeho, ashimangira ko nubwo yari ubwa mbere asiganwa metero 1,000, atatekerezaga ko yahita aca agahigo ku isi. Yanashimiye abakinnyi bafatanyije muri iryo siganwa, avuga ko uruhare rwabo rwamufashije kugera kuri iyo ntsinzi.

Uyu mukinnyi kandi akomeje kwigaragaza nk’umwe mu bihangange mu gusiganwa metero 800, aho kugeza ubu ari uwa kabiri mu bakinnyi birutse intera y’izo metero mu gihe gito kurusha abandi bose mu mateka. Igihe cye cyiza ni umunota 1, amasegonda 41 n’amatsiyerisi 11, anganya na Wilson Kipketer.

Agahigo ka metero 800 ku isi karacyafitwe na David Rudisha, wagashyizeho mu Mikino Olempike yabereye i Londres mu 2012, aho yakoresheje umunota 1, amasegonda 40 n’amatsiyerisi 90.

Wanyonyi ategerejwe kongera gusiganwa ku wa 18 Nyakanga kuri Sitade Olempike ya Londres, aho abakunzi b’imikino bazaba bahanze amaso niba ashobora kongera kwandika amateka, akegerana cyangwa akanarenga agahigo ka Rudisha.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa