Grand P yahaye gasopo umuhanzi w’Umunye-Congo wagaragaye ari mu bihe byiza n’umukunzi we[AMAFOTO]
Yanditswe: Monday 20, Dec 2021
Umuhanzi w’icyamamare muri Gineya, Grand P yahaye gasopo umuhanzi wo mugihugu cya Congo wagaragaye arikumwe n’umukunzi we,Eudoxie Yao ukomoka muri Cote d’Ivoire.
Grand P yahaye gasopo uyu muhanzi kubera amafoto atandukanye yamugagaje arikumwe n’uyu mukunzi we basa nabahuje urugwiro.
Grand P upima ibiro 25 ufite uburwayi butuma adakura ngo agire igihagararo, ubwo yihanangirizaga uyu mugabo yifashishije amafoto ari gukora imyitozo asa n’umuntu urikubaka umubiri.
Ku wa gatandatu, Grand P yifashishije urukuta rwe rwa facebook, yashyizeho ifoto akora imyitozo ngororamubiri, ashyiraho n’ifoto yuyu muhanzi wo muri Congo uzwi ku mazina ya Roga Roga arikumwe na Eudoxie Yao.
Grand P yahaye gasopo uyu muhanzi yifashishije aya mafoto,Grand P yagize ati“Murumuna wanjye Roga Roga ndakwubaha cyane hamwe nabanyekongo bose … Ariko inzira ushaka gucamo ntabwo ari nziza kuri wowe, ntukishimishe wegera umugore wanjye bitabaye ibyo nzabyitwaramo nabi ni umuburo . Murakoze. “.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *