skol

Hari kwibazwa byinshi ku mubano wa Katty Perry na Justin Trudeau

Yanditswe: Wednesday 30, Jul 2025

featured-image

Abantu benshi bakomeje kwibaza ku mubano uri hagati ya Katty Perry na Justin Trudeau wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Canada nyuma yo kugaragara bahuje urugwiro basangira.

Aba bombi bagaragaye muri ‘Restaurant Le Violon’ mu Mujyi wa Montreal muri Canada bari gusangira ibya nimugoroba kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nyakanga 2025, nk’uko amafoto yashyizwe hanze na TMZ abigaragaza.

Aya mafoto agaragaza aba bombi mu biganiro, ku buryo umuntu wababonye yabonaga buri umwe yitaye ku wundi mu buryo budasanzwe.

Iki kinyamakuru cyavuze ko ababonye aba bombi bari kumwe bavuga ko ubwo basangiraga, bari barinzwe cyane. Hari amakuru avuga ko n’ubwo aba bombi bagaragaye bahuje urugwiro, nta wundi mubano uri hagati yabo udasanzwe, ahubwo kwari ugusangira bisanzwe nk’inshuti.

Katty Perry amaze iminsi ari muri Canada mu rugendo rw’ibitaramo mu Mijyi nka Ottawa na Montreal.

Iz nkuru z’urukundo rwe na Trudeau zadutse mu gihe mu ntangiro z’uku kwezi we na Orlando Bloom wari ‘fiancé’ we, bemeje ko bamaze gutandukana nyuma y’imyaka 10 bakundana. Batandukanye bafitanye umwana w’umukobwa witwa Daisy Dove ufite imyaka ine.

Ni mu gihe kandi na Justin Trudeau n’uwari umugore we Sophie Grégoire mu 2023 batangaje ko batandukanye nyuma y’imyaka 18 bari bamaze babana. Aba bombi bafitanye abana batatu barimo uwitwa Xavier ufite imyaka 17, Ella-Grace wa 16 na Hadrien ufite imyaka 11.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa