skol

Haruna Ferouz yagizwe Umutoza Wungirije wa Rayon Sports

Yanditswe: Tuesday 15, Jul 2025

featured-image

Umurundi Haruna Ferouz wabaye Umutoza wa Vital’o y’i Bujumbura, yagizwe Umutoza Wungirije wa Rayon Sports yitegura gukina imikino Nyafurika ya CAF Confederation Cup.

Rayon Sports nta mutoza wungirije yari ifite nyuma y’uko Umunya-Tunisia, Azouz Lotfi, wazanywe n’umutoza mukuru Afahmia Lotfi, nta byangombwa byemewe afite.

Amakipe azakina amarushanwa ya CAF mu mwaka w’imikino wa 2025/26, asabwa kuba afite umutoza wungirije ufite Licence A y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika.

Ubwo Afahmia Lotfi yari yagiye mu biruhuko nyuma yo gusinyira Rayon Sports avuye muri Mukura VS, yasabwe kuzana umutoza wungirije utarengeje umushahara wa 2000$. Byarangiye abuza umutoza wungirije ufite ibyangombwa byuzuye ushobora kwemera ayo mafaranga, azana Azouz Lotfi ufite Licence B ya CAF.

Mu buryo bwatekerejwe muri Rayon Sports harimo guha Azouz amasezerano, hakagaragazwa ko yasinye muri Mutarama, mbere y’uko CAF ishyira ahagaragara amabwiriza mashya, kugira ngo azemererwe gutoza.

Iki gitekerezwo nticyahurijweho na bose muri Rayon Sports, kubera gushidikanya ku bushobozi no kwanga gukora amanyanga kuko ntaho bitandukaniye n’impapuro mpimbano, bamwe bemeza ko hagomba gushakwa undi mutoza wungirije, Azouz Lotfi ntahabwe akazi.

Ku mugoroba wo ku wa Mbere, Rayon Sports yatangaje ko Umutoza Wungirijwe yagizwe Haruna Ferouz, ariko ntihigeze hatangazwa igihe amasezerano ye azarangirira. Amakuru avuga ko uyu mutoza azamara muri Rayon Sports umwaka umwe.

Ni mu gihe kandi iyi kipe ntaho yigeze ivuga kuri Azouz Lotfi kuva ageze mu Rwanda.

Mu kiganiro n’abanyamakuru giheruka kuba, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwashimangiye ko Azouz nta kazi afite muri iyi kipe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa