Hassan wa Flash Fm yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we(AMAFOTO)
Yanditswe: Wednesday 21, Sep 2022
Hassan Murumba uzwi mu kiganiro "Zirara Zubakwa" cy’impanuro n’inama ku bashakanye, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Claudine bamaze imyaka 10 mu munyenga w’urukundo.
Hassan yamenyekanye cyane mu kiganiro "Zirara Zubakwa" cya Flash Fm. Ni ikiganiro yakoze imyaka umunani mu ntego yo kubaka ingo z’abanyarwanda. Yagikoranagamo na Mutoniwase Fanny, "turatwika koko haragenda harashya" nk’uko abivuga. Yatangiye gukora iki kiganiro abisikana na Vestine wubakiye izina muri iki kiganiro.
Hassan na Claudine basezeranye imbere y’amategeko tariki 15 Nzeri 2022 mu muhango wabereye ku Murenge wa Kimihurura mu Mujyi wa Kigali ku isaha ya saa munani z’amanywa. Ubu, baritegura gukora indi mihango y’ubukwe irimo gusaba no gukwa ndetse no gusezerana imbere y’Imana.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *