Mu mujyi wa Ciudad Rodrigo, wegereye Salamanca muri Espagne, ibyishimo by’abaturage bishimiraga intsinzi y’ikipe y’igihugu byahindutse agahinda gakomeye nyuma y’impanuka yahitanye umwana w’umuhungu w’imyaka 13.
Iyi mpanuka yabaye mu masaha ya nyuma y’ijoro, ubwo abaturage bari bakomeje kwizihiza intsinzi ya Espagne yari imaze kwegukana Igikombe cy’Isi cya 2026 itsinze Argentine ku mukino wa nyuma.
Amakuru agaragaza ko urubyiruko rwinshi rwari rwuriye ku nyubako y’isoko y’amazi, rushaka kureba no kwifatanya n’abandi mu byishimo. Kubera ubwinshi bw’abari bahateraniye, igice cy’iyo nyubako cyaje gusenyuka, kigwira uwo mwana wari muri abo bari bahari.
Abatabazi n’inzego z’umutekano bahise bagera aho byabereye, bagerageza kumukura munsi y’ibisigazwa by’iyo nyubako no kumuha ubutabazi bwihuse. Nubwo habayeho imbaraga zo kumurokora, yaje kwitaba Imana azize ibikomere bikabije. Uretse uwo mwana wapfuye, abandi bantu babiri na bo bakomeretse muri iyo mpanuka.
Nubwo Espagne yanditse amateka yegukana Igikombe cy’Isi ku nshuro ya kabiri nyuma y’icyo yatwaye mu 2010, uwo munsi wasize abaturage bo muri Ciudad Rodrigo bari mu gahinda gakomeye. Mu bice byinshi by’igihugu, abaturage bakomeje kwizihiza intsinzi banyura mu mihanda, bavuza amahoni, bacana ibishashi ndetse banaririmba bishimira intsinzi y’ikipe yabo, ariko muri uwo mujyi ibyishimo byahise bisimburwa n’amarira kubera iyo mpanuka ibabaje.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *