Ihere ijisho ibyaranze ubukwe bwa Miss Balbine warushinze n’umusore bamaranye igihe mu rukundo(AMAFOTO)
Yanditswe: Tuesday 04, Oct 2022
Mu mafoto atandukanye ihere ijisho ubukwe bwa Miss Balbine Mutoni wabaye igisonga cya kane cya Miss Rwanda mu 2015 akaba yasezeranye kubana akaramata n’umukunzi we Kwitonda Arsène bamaranye imyaka umunani mu munyenga w’urukundo.
Ku wa Gatandatu tariki 1 Ukwakira 2022 nibwo mu Mujyi wa Kigali habereye ubukwe bwa Miss Mutoni Balbine na Kwitonda Arsène basanzwe banabana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Mutoni n’umukunzi we batangiye gukundana bakiri ku ntebe y’ishuri, ndetse bakunze kugaragara bari kumwe ubwo uyu mukobwa yitabiraga akanegukana irushanwa rya Miss High School mu 2014.
Nyuma y’umwaka umwe, Balbine yahise yitabira irushanwa rya Miss Rwanda mu 2015 anegukana ikamba ry’Igisonga cya kane. Yongeye guhatana mu 2016 nabwo ntiyahirwa.
Uru rugendo rw’amarushanwa y’ubwiza, Balbine yarugendanye na Kwitonda.
Nyuma y’urugendo rwo mu marushanwa y’ubwiza, Balbine yayobotse iy’itangazamakuru ariko ntiyaritindamo kuko yahise yerekeza ku mugabane w’u Burayi aho yasanze umukunzi mbere y’uko berekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho batuye uyu munsi.

Ibitekerezo
Uyi mutype ko asa na habyara