skol

James Ransone wamamaye muri filime zirimo ’The Wire’ yapfuye yiyahuye

Yanditswe: Monday 22, Dec 2025

featured-image

Umukinnyi wa filime, James Ransone, wamamaye muri ‘The Wire’ yakunzwe cyane, yapfuye yiyahuye.

Nk’uko byemejwe n’Ibiro by’Umuganga ushinzwe isuzuma ry’imirambo i Los Angeles (Los Angeles Medical Examiner), Ransone yapfuye ku wa Gatanu tariki 19 Ukuboza 2025, aho hagaragajwe ko yiyahuye yimanitse. Polisi ya Los Angeles (LAPD) yatabaye aho byabereye, ikora iperereza ry’ibanze, ariko igaragaza ko nta kindi cyaha kigaragara cyabaye.

James Ransone yatangiye kugaragara muri filime zitandukanye mu ntangiriro z’imyaka ya 2000, akina muri filime nka “Ed” na “Third Watch”, mbere yo kumenyekana cyane muri “The Wire”.

Muri iyo filime yakinnye yitwa Ziggy Sobotka, ari umukozi wo ku byambu winjiye mu byaha by’ubujura n’ubugizi bwa nabi, agaragara mu bice 12 by’igice cya kabiri. Uko yakinnye uwo mwanya byamuhesheje ishimwe rikomeye, aho abafana benshi bagaragaje ko yari umwe mu bakinnyi bakunzwe cyane muri iyo filime.

Izindi filime n’ibiganiro yagaragayemo birimo “CSI: Crime Scene Investigation”, “Hawaii Five-0”, “Burn Notice”, “Tangerine”, “It: Chapter Two” ishingiye ku gitabo cya Stephen King, ndetse na “The Black Phone” n’igice cya kabiri cyayo cyiswe “The Black Phone 2” cyasohotse mu ntangiriro z’uyu mwaka.

Urupfu rwa James Ransone rwashenguye benshi mu bakunzi ba sinema n’abo bakoranaga, bamwibuka nk’umukinnyi wari ufite impano idasanzwe n’ubushobozi bwo kwinjira mu mwanya akinamo mu buryo bwimbitse.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa