skol
fortebet

John legend yataramiye muri Nigeria

Yanditswe: Wednesday 26, Feb 2025

featured-image

Sponsored Ad

Nyuma y’igitaramo cy’amateka yakoreye i Kigali, John Legend yakomereje muri Nigeria n’ubundi mu bitaramo bya Move Afrika.

Sponsored Ad

Ubwo yari muri Nigeria mu Mujyi wa Lagos ahitwa Palms, John Legend yataramanye n’abarimo Simi ndetse na DJ Consequence.

Uyu muhanzi abaye uwa kabiri ukomeye utumiwe mu bitaramo bya ‘Move Afrika’, nyuma ya Kendrick Lamar.

Iki gitaramo cya John Legend kiba ku bufatanye bw’Umuryango mpuzamahanga uvuganira abaturage, ugamije kurandura ubukene, Global Citizen; ubinyujije muri gahunda ya Move Afrika.

Global Citizen ihuza muzika na politiki kugira ngo hakorwe ubukangurambaga bushingiye ku bikorwa, ibirori byerekanwa imbonankubone ku Isi hose, inama z’abayobozi, n’ibindi kugira ngo bikemure ibibazo byihutirwa byugarije ikiremwamuntu.

Ubwo aheruka i Kigali ku wa 21 Gashyantare 2025, John Legend yahakoreye igitaramo gikomeye cyitabiriwe n’abarenga ibihumbi umunani mu gihe yahuriye ku rubyiniro n’abarimo Bwiza ndetse na DJ Toxxyk.



Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa