Kanye West yatangaje ko agiye kwiyamamariza kuyobora Leta zunze ubumwe z’Amerika
Yanditswe: Tuesday 22, Nov 2022
Umuraperi Kanye West usigaye wiyita ’Ye’ yatangaje ko afite gahunda yo kongera kwiyamamriza kuyobora zunze ubumwe z’Amerika mu matora ateganyijwe 2024.
Nk’uko bigaragara mu mashusho yashyizwe ahagaragara ku urubuga rwa X17, Kanye West yavuze ko ari gukora ubukangurambaga bumuganisha ku matora yifashishije umunyapolitike Milo Yiannopoulos w’imyaka 38.
Mu 2020 nibwo uyu muraperi w’imyaka 45 yiyamamarije kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika gusa icyo gihe yabonye abamutora bangana 70 000 bavuye muri leta 12 muri 50 zigize iki gihugu.
Kanye West ntiyagize ubwiganze buhagije muri aya matora kubera abo yari ahanganye nabo barimo Joe Biden na Donald Trump basanzwe bamenyerewe m mukino wa Politike.
Kanye West utamenyerewe muri politike hashize iminsi ari mu bihe bibi cyane, nyuma yo kuvuga amagambo apfobya Jenoside y’Abayahudi ndetse n’inyandiko za “White Live Matter”.
Ibi byamuteje ibihombo bikomeye bituma atakaza amwe mu masezerano yari afitanye n’ibigo bikomeye ava ku rutonde rw’abaraperi batunze miliyali y’amadorali y’Amerika .
Ku wa 27 Ukwakira 2022 mu butumwa yise ko ari ubw’urukundo yanditse kuri Instagram, Kanye West yemeje ko yahombye miliyari 2$ mu gihe kitageze ku cyumweru.
Usibye Kanye West , Donald Trump wahoze ayobora iki gihugu, nawe aherutse gutangaza ko aziyamamaza kongera kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *