Kenya:Hamenyekanye uko byagenze kugirango ifoto ya 2Pac igaragare mu matora
Yanditswe: Wednesday 10, Aug 2022
Ku munsi w’ejo hakwirakwiye ifoto y’umuntu usa na Nyakwigendera 2 Pac asa n’uri k’umurongo mu matora y’umukuru w’Igihugu cya Kenya ariko byaje kumenyekana ko ari ifoto ye bari bafashe bayitereka muyundi muntu.
Iyi foto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 09 ubwo muri Kenya habaga amatora, bamwe mu bayishyizeho, bavugaga ko hari umuntu wagaragaye yagiye gutora usa na nyakwigendera Tupac Shakur.
Amakuru aje kumenyekana ko iyi foto yacuzwe ibizwi nka photoshop aho abayikoze bafashe agace k’ifoto ya 2 Pac bakagatereka mu mwanya wari uhagazemo Madamu wa Perezida Uhuru Kenyatta, Margaret Kenyatta.
Ifoto ya nyayo yafashwe n’ibiro by’umukuru w’Igihugu cya Kenya, igaragaza Madamu Margaret Kenyatta ari ku murongo ategereje kwinjira mu cyumba cy’itora aho yatoreye mu gace ka Lavington mu murwa mukuru wa Nairobi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *