Kolo Touré yagizwe Umutoza Wungirije muri Manchester City
Yanditswe: Wednesday 16, Jul 2025
Umunya-Côte d’Ivoire, Kolo Touré, yazamuwe mu nshingano, ava ku kuba Umutoza w’Ikipe y’Abatarengeje imyaka 18 muri Manchester City, agirwa umutoza wungirije mu ikipe ya mbere itozwa na Pep Guardiola.
Touré wakiniye Manchester City ari myugariro, yatangiye gukora izi nshingano by’agateganyo mu Gikombe cy’Isi cy’Amakipe cyabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko ubu yamaze kwemezwa nk’umwe mu batoza bahoraho b’ikipe ya mbere.
Uretse Guardiola, abandi Touré azakorana na bo ni uwahoze yungirije Jürgen Klopp, Pep Lijnders n’uwahoze ari umutoza w’imipira y’imiterekano muri Liverpool, James French.
Umutoza Mukuru ushinzwe Umupira w’Amaguru muri Manchester City, Hugo Viana, yagize ati “Twashimye uburyo akoramo akazi ke n’uburyo yafashije ikipe yacu y’abatarengeje imyaka 18 ndetse kumwongera mu ikipe y’abakuru bizongera imbaraga mu gufasha abakinnyi bo muri Académie yacu kuzamuka mu ikipe ya mbere.”
Kolo Touré wabaye Kapiteni wa Manchester City, yayikiniye imyaka ine aho yayifashije kwegukana Igikombe cya Premier League mu 2011/12, mbere yo kujya muri Liverpool.
Manchester City yasoje umwaka w’imikino ushize nta gikombe itwaye, byatumye Juanma Lillo na Íñigo Domínguez bari mu batoza bayo bagenda naho Carlos Vicens aba Umutoza wa SC Braga yo muri Portugal.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *