skol

Liam Rosenior yagizwe Umutoza mushya wa Chelsea

Yanditswe: Tuesday 06, Jan 2026

featured-image

Umwongereza Liam Rosenior watozaga ikipe ya Strasbourg, yatangaje ko agiye gutoza Chelsea FC yo mu Bwongereza.

Iyi kipe yo muri Premier League nta mutoza yari ifite nyuma yo gutandukana na Enzo Maresca mbere y’uko umwaka wa 2025 urangira.

Mu kiganiro n’abanyamakuru yakoreye mu Bufaransa kuri uyu wa Kabiri, asezera ku Ikipe ya Strasbourg, Rosenior yashimangiye ko "yumvikanye mu magambo" na Chelsea.

Ati "Ntabwo nakwirengagiza aya mahirwe yo kujya mu ikipe ikomeye, ifite abakinnyi bakomeye batwaye Igikombe cy’Isi cy’Amakipe."

Strasbourg iri mu biganza bya sosiyete ya BlueCo ya Todd Boehly usanzwe ari nyiri Chelsea.

Uyu mutoza w’imyaka 41, yongeyeho ati "Ntabwo ndasinya. Buri kimwe twacyumvikanyeho, birashoboka ko birangira mu masaha make ari imbere."

Yakomeje agira ati "Ndi hano kubera ko nkunda iyi kipe kandi numva ko ari ngombwa gusubiza ibibazo byanyu mpibereye mbere y’uko ngenda."

Rosenior yemeje ko umutoza w’ikipe ya mbere ya Strasbourg, Kalifa Cissé, Justin Walker wari umutoza wungirije na Ben Warner ukuriye abasesenguzi, bose bazajyana na we muri Chelsea.

Uyu mutoza w’Umwongereza yageze mu Bufaransa muri Nyakanga 2024, afashe Strasbourg kuba iya karindwi muri Ligue 1 ya 2024/25, ibona itike yo gukina imikino y’i Burayi ku nshuro ya mbere mu myaka umunani.

Umukino we wa nyuma ni uwo yanganyijemo na Nice igitego 1-1 ku wa Gatandatu, wari uwa gatanu wa Shampiyona y’uyu mwaka batabonyemo intsinzi.

Kuri ubu iyi kipe ni iya karindwi muri Ligue 1 mu gihe ari yo iyoboye UEFA Conference League.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa