skol
fortebet

Lt Gen Muhoozi yashimiye byihariye Intore Masamba wasusurukije abitabiriye ibirori by’isabukuru ye

Yanditswe: Tuesday 26, Apr 2022

featured-image

Sponsored Ad

Umuhungu wa Perezida wa Perezida Museveni yashimiye cyane Intore Masamba wasusurukije abari bitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’imyaka 48.

Sponsored Ad

Kuwa 23 na 24 Mata 2022 Lt Gen Muhoozi umugaba w’ingabo zirwanira kubutaka bwa Uganga yakoze ibirori byo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko y’imyaka 48 yari yatumiwemo ibyamamare bitandukanye harimo n’umunyabigwi Masamba Intore wasusurukije abari aho.

Umuhanzi Masamba Intore umaze kugwiza ibigwi mu Rwanda ndetse no hanze yarwo yasusurukije abari bitabiriye ibyo birori mu ndirimbo zitandukanye harimo niyitwa ’Inkotanyi cyane’ avuga ko ariyo yari yamusabye ubwo yamutumiraga.

Ubwo uyu muhanzi yasozaga kuririmba yageneye impano y’umupira Lt Gen Muhoozi wanditseho ’Inkotanyi cyane’.

Mu butumwa Muhoozi yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yashimiye cyane Intore Masamba nk’umuvandimwe mushya yungutse wamufashije gususurutsa abari bitabiriye ibirori by’isabukuru ye anashimira abafatanyije na Masamba barimo umuhanzi Ruti Joel waririmbye ’Igikobwa’ iri mu zigezweho muri iyi minsi ndetse n’itsinda ryabafashije rizwi nka Symphony Band.

Isabukuru ya Muhoozi yitabiriwe n’abantu batandukanye barimo Perezida Paul Kagame

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa