skol

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye igitaramo cya Doja Cat i Kigali (Amafoto)

Yanditswe: Wednesday 18, Mar 2026

featured-image

Madamu Jeannette Kagame yari mu bihumbi by’abaturarwanda n’abanyamahanga bitabiriye igitaramo Doja Cat yakoreye muri BK Arena, mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 17 Werurwe 2026.

Umuraperi Doja Cat yataramiye i Kigali binyuze mu bitaramo bya Move Afrika, bitegurwa ku bufatanye bw’Umuryango mpuzamahanga uvuganira abaturage, ugamije kurandura ubukene, Global Citizen n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB).
Doja Cat yasurukije abitabiriye mu ndirimbo zitandukanye zirimo “Paint the Town Red’, yashimishije benshi.
Uyu muhanzi abaye uwa gatatu utumiwe muri ‘Move Afrika’ nyuma ya Kendrick Lamar watumiwe mu 2024 na John Legend watumiwe mu 2025.
Biteganyijwe ko nyuma yo gutaramira i Kigali, yerekeza muri Afurika y’Epfo aho azataramira muri SunBet Arena, ku wa 20 Werurwe 2026.

Madamu Jeanette Kagame ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru wa Global Citizen, Hugh Evans

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa