Umunyana Analyssa wamamaye nka Mama Sava, yagaragaje ko aryohewe n’urukundo arimo n’umusore bamaranye iminsi.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Mama Sava akomeje kugaragaza umusore yihebeye ndetse anongeraho imitoma myinshi igaragaza urwo amukunda.
Ati “Wavukiye gutuma umutima wanjye ukunda. Njye ntabwo ngukunda gusa ahubwo nkunda n’urukundo ngukunda.”
Aya ni amagambo Mama Sava akunze gusangiza abamukurikira ayaherekesheje amafoto ari kumwe n’uyu musore yihebeye.
Mama Sava agaragaje ko afite umukunzi mushya nyuma y’uko mu 2023 yemeje ko yatandukanye na Nshuti Alphonse benshi bamenye nka Alpha bari bamaze umwaka urenga bakundana.
Nyuma y’uko inkuru z’urukundo rwa Mama Sava na Alpha zigiye hanze, abazi uyu mugabo bahise banjama Mama Sava, bamushinja gutwara umugabo w’abandi ngo kuko asanganywe umuryango.
Icyo gihe yavuze ko umugabo bari basigaye bakundana yari amaze igihe atandukanye n’umugore we nubwo bamwe batari babizi.
Mu 2022, Mama Sava yari yongeye kuvugwa mu nkuru z’urukundo nyuma y’imyaka hafi itanu atandukanye n’umugabo bari barakoze ubukwe.
Mama Sava umaze kubaka izina muri sinema y’u Rwanda, yatangiye gukina filime guhera mu 2017. Uretse Papa Sava yatumye aba ikimenyabose yagaragaye no mu zindi zitandukanye zirimo na Seburikoko.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *