Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa Kylian Mbappé, yareze Paris Saint-Germain yahoze akinira ayishyuza miliyoni 305$ z’ibitarubahirijwe mu masezerano yari afitanye na yo ndetse no kumufata nabi mbere y’uko ayivamo.
Mu mwaka ushize wa 2024, ni bwo PSG yarekuye uyu rutahizamu yerekeza muri Real Madrid, gusa ntibyarangirira aho kuko iyi kipe yahise umurega mu rukiko rw’umurimo mu Bufaransa.
Icyo gihe yamushinjaga kuba yarayihombeje agera kuri miliyoni 278$, ubwo yangaga kujya muri Al Hilal yo muri Arabie Saoudite yashakaga kumutangaho miliyoni 347$.
Mbappé w’imyaka 26 na we yamaze kugeza iyi kipe mu nkiko, kuko yafashwe nabi kuva mu ntangiriro z’umwaka w’imikino wa 2023/24.
Ashinja iyi kipe kuba yaramwimye nkana umwanya wo gukina, no kumwigizayo imaze kumenya ko atazayongerera amasezerano, inamubuza kujyana n’abandi muri Asia ubwo biteguraga umwaka mushya w’imikino mu 2023.
Akimara kubona ko uwo mwaka uzamugora, yahisemo kuganira n’ikipe imusubiza mu bandi ndetse yongera guhabwa umwanya wo gukina.
Mbappé yamaze imyaka irindwi muri PSG, ayikinira imikino 308 ndetse ayitsindira ibitego 256, nubwo nyuma iyi kipe yegukanye UEFA Champions League mu mateka yaramaze kuyivamo.
Yayivuyemo nta kiguzi kimutanzweho, ajya muri Real Madrid imuhemba miliyoni 34$ buri mwaka.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *