Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Misiri ryatangaje ko ryasabye FIFA gukura mu mikino isigaye abasifuzi bayoboye umukino wahuje Misiri na Argentine mu mukino wa 1/8 cy’Igikombe cy’Isi.
Iryo shyirahamwe rivuga ko ryagejeje ikirego kuri FIFA, risaba ko hakorwa iperereza ku byo rivuga ko ari imisifurire itabaye kimwe hagati y’amakipe yombi (double standards).
Abasifuzi bashinzwe gukoresha ikoranabuhanga rya VAR banze kwemeza igitego cya kabiri cya Mostafa Ziko wa Misiri, nyuma y’uko Marwan Attia ahaniwe gukandagira ku kirenge cya Lisandro Martinez wa Argentine mbere gato y’uko icyo gitego kiboneka.
Icyo gihe Misiri yari isanzwe iyoboye umukino n’igitego 1-0.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Misiri ryanavuze ko Mohamed Salah yakorewe ikosa ryari rikwiye gutangirwa penaliti, amasegonda make mbere y’uko Argentine itangira igitero cyabyaye igitego. Nyuma y’ibyo, umukino warangiye Argentine itsinze Misiri ibitego 3-2.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, iryo shyirahamwe ryagize riti:
"Hany Abo Rida, Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rya Misiri, yagejeje ikirego muri FIFA asaba ko hakorwa iperereza ku musifuzi w’Umufaransa François Letexier, kubera amakosa akomeye yakozwe n’itsinda ry’abasifuzi ndetse n’uburyo bwaranze kubogama mu byemezo bafashe. Ibyo byatumye ikipe y’igihugu ya Misiri itsindwa ikanasezererwa mu Gikombe cy’Isi."
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *