Miss Balbine yahishuye ko agiye kurushinga n’umusore bamaranye imyaka 8 mu rukundo(AMAFOTO)
Yanditswe: Wednesday 29, Jun 2022
Mutoni Balbine wabaye igisonga cya kane cya Nyampinga w’u Rwanda 2015 yahishuye ko agiye kurushinga n’umusore bamaranye imyaka umunani mu rukundo.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram Balbine yavuze ko we n’umukunzi we bari kwitegura kurushinga taliki ya 1 Ukwakira 2022.
Mu butumwa yagize Ati “Nabonye urukundo ubwo nakubonaga. Warakoze kunkunda utizigamye no kuzana ibyiza buri munsi. Mfite amatsiko yo gukomeza gukurana nawe ubuzima bwacu bwose.”
Miss Balbine n’umukunzi we balunze kugaragara bari kumwe kuva mu mwaka wa 2014 ubwo uyu mukobwa yegukanaga ikamba rya Miss High School.
Ntibyarangiriye aho kuko muri 2015 Miss Balbine yitabiriye irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda aho yegukanye ikamba ry’Igisonga cya kane aho naho umukunzi we yagaragaye mu bari bamushyigikiye muri urwo rugendo rwose.
Kugeza ubu aba bombi babarizwa muri Leta zunze ubumwe z’America.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *