skol
fortebet

Miss Naomie na Paul berekeje muri Nigeria mu birori byo gutanga ikamba rya Miss Style 2022[AMAFOTO]

Yanditswe: Friday 06, May 2022

featured-image

Sponsored Ad

Miss Nishimwe Naomie na Ndahiro Willy wamenyekanye muri sinema nyarwanda nka Paul berekeje muri Nigeria aho batumiwe kuba mu kanama nkemurampaka k’irushanwa rya Miss Style muri iki gihugu.

Sponsored Ad

Ibirori byo gutanga ikamba rya Miss Style 2022 biteganyijwe kuba ku wa 7 Gicurasi 2022.

Aba bombi bahagurutse mu Rwanda berekeza muri Nigeria mu gitondo cyo kuri uyu wa 6 Gicurasi 2022.

Miss Style ni rimwe mu marushanwa mashya ari kugerageza kuzamura izina muri Nigeria cyane ko ryatangiye kugira imbaraga mu 2020.

Ni irushanwa ritanga ibihembo bitandukanye, gusa ikinini kiba kirimo kinegukanwa n’uwatsindiye ikamba ni imodoka.

Miss Nishimwe Naomie werekeje muri Nigeria asanzwe ari Nyampinga w’u Rwanda wegukanye ikamba mu 2020. Uretse iri kamba uyu mukobwa azwi cyane mu itsinda ahuriyemo n’abavandimwe be bo muri Mackenzies.


Willy Ndahiro we watumiwe uretse kuba umukinnyi wa filime ufite izina rikomeye mu Rwanda, asanzwe ari n’umuyobozi wa Federasiyo ya sinema mu Rwanda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa